Thursday, April 28, 2016

Nyabihu: Abahinzi biyemeje ko batazongera gusohora imbuto batazi icyo Iteganyagihe rihatse




Abanyamuryango ba Koperative 10 z’abahinzi bo mu karere ka Nyabihu mu Ntara y’uburengerazuba biyemeje ko batazongera gusohora imbuto batazi icyo Iteganyagihe rihatse. Ni nyuma y’amahugurwa bahawe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere kuva taliki ya 20 kugeza kuya 22 Mata 2016.

Muri aya mahugurwa aba bahinzi basobanuriwe ibikorwa by’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere birimo Iteganyagihe rya buri munsi, iry’iminsi itatu, iry’iminsi itanu, iry’iminsi icumi, irya buri kwezi ndetse n’Iteganyagihe ry’amezi atatu ryifashishwa hategurwa igihembwe cy’ihinga.

Aba bahinzi beretswe akamaro k’Iteganyagihe n’uburyo baryiyambaza mu buhinzi cyane cyane batoranya imbuto zijyanye n’imvura iteganijwe. Akarere ka Nyabihu nka hamwe mu hakunze kurangwa Imvura nyinshi, aba baturage basobanuriwe uburyo bashobora kujya babona amakuru y’Iteganyagihe rya buri munsi ryerekeranye n’akarere kabo haba mu bitangazamakuru ndetse no ku butumwa bugufi. Bahawe kandi nimero bashobora guhamagara itishyuzwa bakwifashisha ariyo 6080.

Benshi muri aba baturage bavuzeko batari bazi iby’iki kigo yewe n’ibyo gikora bityo bavuga ko bagiye kujya bifashisha iteganyagihe mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Musabyimana Jean Baptiste umwe muri aba bahinzi, yasabye ko Meteo Rwanda yagirana imikoranire inoze n’izindi nzego za Leta nka Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu kugeza Iteganyagihe kuri rubanda nyamwinshi.

Yagize ati: “Hari aho muvuga ko imvura izagwa ari nyinshi ugasanga iraguye kandi koko yangije imyaka yacu. Nk’ubu ntitwari tuzi ko imvura y’iki gihembwe izaba nyinshi. Turasaba ko mwajya mukorana na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu aya makuru akazanwa mu nzego z’ibanze”

Mu biganiro nyunguranabitekerezo, abaturage basabye Meteo Rwanda kongera umubare w’ibitangazamakuru bisakaza iteganyagihe cyane cyane hakibandwa kuri Radio z’abaturage kugira ngo bamenye uburyo bakwirinda Ibiza. Mubyo basabye kandi harimo kongera umubare w’abahabwa ubutumwa bugufi bw’iteganuyagihe hakoreshejwe amasosiyete y’Itumanaho.

Nyuma yo kubona ko aya makuru bayakenera cyane, Meteo Rwanda yabizeje ko hagiye gushyirwaho ahantu hazwi bajya bakura ayo makuru mu buryo bworoshye bityo nabo bakabona kuyiyambaza.

Babajije ibibazo by’amatsiko…Ibyo bavuga ngo inkuba yarongoye (Imvura kugwa n’izuba riva), Inkomoko y’urubura, umukororombya…. 

 
Abakozi ba Meteo Rwanda mu ifoto y'urwibutso n'abahuguwe
Kaberuka Edison umwe mu bahinzi yabajije impamvu usanga imvura iri kugwa n’izuba riva bamwe bavuga ko ari inkuba iba yarongoye ndetse abaza niba ibi Meteo Rwanda nabyo ibibona.

Ati: “Nonese biba byagenze bite iyo usanga izuba riva ndetse n’imvura igwa? Hari ababyita ko Inkuba iba yarongoye… ese nabyo muba mubireba?”

Nsabukunze Felicien Umukozi wa Meteo Rwanda mu gashami k’Iteganyagihe yavuze ko izuba kuva n’imvura igwa biterwa n’igicu gikura kikagera ku rwego rwo kubyara imvura ariko noneho nyuma kikayoyoka hakava izuba ariko nanone kigatanga imvura nke.

Yagize ati: “Igicu kirakura, kikageza ku rwego rwo gutanga imvura ariko nyuma kikayoyoka. Ya mvura ubona ijojoba ni nk’aho cya gicu kiba kikubwira kiti ndacyahari, ariko burya kiba cyatakaje imbaraga. Ntabwo ari inkuba iba yarongoye”

Ibijyanye n’umukororombya, Higiro Steven umukozi wo muri Meteo Rwanda yavuze ko biterwa n’uko izuba riba riva ariko n’imvura irimo kugwa. Yavuze ko iyo imirasire y’izuba ihuye na bya bitonyanga by’imvura, ishobora kwinjira muri cya gitonyanga igakomeza cyangwa se hakaba ubwo isubiye inyuma ntibashe kwinjira. Iyo isubiye inyuma nibwo ubibona ahita abona amabara y’umukororombya.  

Ibijyanye n’inkomoko y’Urubura, yababwiye ko igicu kiba kigiye gutanga imvura gishobora gukonja cyane noneho mo imbere mu gicu hakiremamo utubuye. Afatiye ku binyobwa bisanzwe bizwi yababwiye ko ari nkuko na Fanta iyo ikonje cyane usanga yabaye urubura. Afatiye kuri urwo rugero, yababwiye ko iyo imvura iguye, twa tubuye aritwo tumanuka ariko tukagera ku butaka tugaragara nk’urubura.

Abaturage basabwe mbere na mbere kwizera Iteganyagihe igihe bashatse kubaza ibisobanuro bagahamagara nimero itishyurwa yashyizweho na Meteo Rwanda ariyo 6080. Abamaze guhugurwa bose hamwe ubu ni 1137 mu bice bitandukanye by'igihugu ndetse igikorwa kikaba gikomeje.  


Monday, April 18, 2016

Iteganyagihe ry'ukwezi kwa Mata kugeza Kamena 2016



Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere kinejejwe no kumenyesha abanyarwanda nabandi bantu bose bireba uko  imvura y’umuhindo (kuva Mata kugeza Kamena 2016) izaba iteye.
Iteganyagihe kuva muri Mata kugeza Kamena 2016
Duhereye ku isesengura ry’ibipimo by’imvura n’ibyubushyuhe ryakozwe n’impuguke mu by’ubumenyi bw’ikirere (climate scientists) rikaba ryarakorewe mu kigo cy’ubumenyi bw’ikirere cy’u Rwanda (Meteo Rwanda).

Twifashishije ibipimo by’imvura n’ubushyuhe bwo ku bupimiro bwo mu gihugu cyacu (stations) mu gihe cy’imyaka 45 ishize, iby’ubushyuhe bw’amazi y’inyanja ngari (iya Pacifique, iy’Ubuhinde n’iy’Antlantique) n’ibindi binyabihe biterwa n’imbaraga z’umuyaga zifata akarere k’Afurika yo hagati n’iy’iburasirazuba, dusanga imvura y’ukwezi kwa Mata kugeza Kamena 2016 izaba iri ku kigereranyo cy’imvura ihagije ariko ishobora kuba nyinshi mu duce twinshi two mu burengerazuba, mu majyaruguru no mujyepfo y’uburengerazuba naho mu duce two mu burasirazuba, umujyi wa Kigali, no mu turere twinshi two mu Majyepfo ndetse n’akarere ka Rusizi bazagira imvura ihagije nkuko isanzwe igwa mu bihe byiza.

Byumvikane ko hari uturere tuzagusha imvura kurusha utundi biturutse ku miterere yatwo.

  • Intara y’Iburasirazuba (Ngoma, Gatsibo, Bugesera, Kirehe, Rwamagana, Kayonza na Nyagatare), Umujyi wa Kigali (Nyarugenge, Kicukiro and Gasabo) no mu Ntara y’Amajyepfo  mu turere twa Kamonyi, Muhanga, Ruhango, Huye Gisagara, Nyanza na hateganyijwe imvura nk’isanzwe igwa mu bihe byiza.

  • Intara y’Uburengerazuba (Nyamasheke, Karongi, Rubavu, Nyabihu na Ngororero), Intara y’Amajyaruguru (Burera, Gakenke, Musanze, Gicumbi na  Rulindo), ndetse  n’akarere  ka Nyaruguru na Nyamagabe ko mu Ntara ya Majyepfo) hateganyijwe imvura nkisanzwe ihagwa mubihe byiza ariko ishobora kuzaba nyinshi.

Ikigereranyo cy’imvura y’itumba 2016 
  • Imvura nyinshi iri hejuru ya milimetero  370  
  • Imvura ihagije iri hagati ya milimetero 270 na 370
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere gikurikije iri teganyagihe ry’imvura ya Mata -Kameza 2016, kirasaba abo bireba bose ko byaba byiza buri rwego urwo arirwo rwose ko bafata ingamba zo gukumira cyangwa kugabanya ingaruka zaterwa n’imvura nyinshi iteganyijwe.

Ingero :
·  Kubera imvura nyinshi iteganyijwe, hakwiye gusiburwa inzira z’amazi kugirango imivu n’inkangu bitangiza ibikorwa remezo.

·  Imvura nyinshi iteganyijwe ishobora guteza ibiza mu turere tumwe na tumwe tw’Igihugu, hagakwiye gufatwa ingamba nababishinzwe zo gukangurira abaturage uburyo bafata ingamba mbere y’igihe bakirinda ingaruka zabageraho.
  
·  Imvura nyinshi iteganyijwe ishobora kwongera ibyorezo by’indwara kubaturage, hagakwiye gufatwa ingamba zo kubyirinda. 

Ukeneye ibindi bisobanuro wakwiyambaza Ikigo cy'Igihugu cy'Ubumenyi bw'Ikirere (Rwanda Meteorology Agency) cyangwa ugahamagara kuri nimero itishyuzwa 6080.

Thursday, April 7, 2016

Meteo Rwanda’s Director General Message to the 22th Commemoration of 1994 Genocide against Tutsi




Today, on 7th April 2016 we are commemorating the 22th anniversary of the 1994 Genocide against TUTSI. As we remember the lives of over one million victims who lost their lives, Rwanda Meteorology Agency stands in solidarity with those who lost their beloved ones and wish them to be strong in these difficult moments. 


As we, Meteo Rwanda Staff pay tribute to those who perished during the Genocide, we are aware that there are those people who still have the Genocide Ideology. The theme of this year’s commemoration is: “Kwibuka 22: Fighting Genocide Ideology”. Because of that, Meteo Rwanda Staff remain committed to raise our voices fighting the Genocide ideology because we know that those who perpetrated the Genocide against the Tutsi, with their sympathizers have continued to deny it and distort the truth about what happened.


Thus, during the commemoration week, all Meteo Rwanda staff are determined to participate in the dialogues to be held at village level and participate in the various activities that aim to support the vulnerable Genocide Survivors. Rwanda Meteorology Agency will join the Ministry of Natural Resources during the event of remembering their former employees who perished in the Genocide against the Tutsi.


Rwanda Meteorology Agency will spare no effort in fighting against Genocide and its denial.


We wish all Rwandans strength and peace during these difficult moments.


Friday, April 1, 2016

Meteo Rwanda to train Farmers Cooperatives on the application of weather and climate information into agriculture sector



Rwanda Meteorology Agency with funding from Post-Harvest and Agribusiness Support Project (PASP) started training Farmer’s Cooperatives across the country.

The initial training was conducted in Northern Provinces from 23rd to 25th March 2016. It was established six agricultural HUBs that will be used to disseminate weather and climate information to the farmers. Around 180 farmers from different cooperatives were trained.

The training is aimed at increasing awareness of Meteo Rwanda products and services especially in agriculture in order to support farmers on their day-to-day activities. Meteo Rwanda generates the following products: Ten days climate bulletin, seasonal forecast and agro meteorological advisories.

The workshop furthermore, enhanced the application of Meteo Rwanda products and services destined towards farmers using HUB information in Musanze district.

The workshop was also the occasion to have in place the feedback mechanism between Meteo Rwanda and farmers on how they apply Meteo Rwanda products in the agricultural sector, disaster preparedness, climate change mitigation among others.

The aim of SPIU/PASP project is to reduce poverty, increase rural income and contribute to the overall economic development of Rwanda.

The workshop also developed a strong partnership between agriculture extension officers and sector Agronomist with Meteo-Rwanda toward efficient and rapid dissemination of meteorological information to farmers.

Rwanda Meteorology Agency is the National Meteorological Service with a mission of providing accurate, timely weather and climate information and products for the general welfare of the Republic of Rwanda.